RFL
Kigali

Bahati wakoranye indirimbo na Bruce Melodie yagarutse i Kigali

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:18/10/2024 15:03
0


Umuhanzi uri mu bakomeye mu gihugu cya Kenya, Kevin Mbuvi Kioko wamamaye nka Bahati, ari kubarizwa mu Mujyi wa Kigali mu rugendo rushamikiye ku Nama y’ubushabitsi asanzwe akora, ndetse byitezweho azahura na Bruce Melodie.



Uyu mugabo wamamaye mu ndirimbo zirimo ‘Baby You’ yakoranye na Nadia Mukami, yifashishije konti ye ya Instagram, yagaragaje ko kuri uyu wa Gatanu tariki 18 Ukwakira 2024 yitabiriye inama yabereye muri Hoteli ya Four Points by Sheraton iherereye iruhande rwa Serena Hotel, ijyanye n’ubushabitsi no kurusha gukomeza kubaka ubukungu bwe butajegajega.

Umwe mu bazi iby’urugendo rwe, yabwiye InyaRwanda ko uretse ‘Business’ zatumye aza mu Rwanda, Bahati azaherekeza Bruce Melodie i Gisenyi mu Karere ka Rubavu ubwo azaba aririmba mu bitaramo bya MTN Iwacu Muzika Festival, kuri uyu wa Gatandatu tariki 19 Ukwakira.

Yavuze ati “Yageze i Kigali muri gahunda z’akazi ke gasanzwe. Ariko agiye kuba ari kumwe na Bruce Melodie, ndetse azaba ari Gisenyi muri Rubavu aho Bruce Melodie azatamira Abanyarwanda muri MTN Iwacu Muzika Festival.”

Ku wa 27 Nyakanga 2024, Bahati yatangaje ko yifashishije Bruce Melodie mu biganiro bica ku rubuga rwabaye ikimenyabose mu kwerekana amashusho ruzwi nka ‘Netflix’ bivuga ku buzima bw’umuryango we yise “The Bahati’s Empire.”

Ibi biganiro bivuga ku buzima bwite bwabo bizwi nka 'Reality TV Show'. Bahati na Bruce Melodie bafitanye ubushuti bwihariye, ndetse bafitanye indirimbo zizasohoka mu gihe kiri imbere.

Muri Gashyantare 2024, ni bwo Bruce Melodie yagiriye uruzinduko muri kiriya gihugu, ahura na Bahati kandi agirana ibiganiro n’abantu banyuranye barimo n’abanyeshuri ba Kaminuza.

Bahati yigeze kuvuga ko Bruce Melodie ari inshuti ye y’akadasohoka, biri mu mpamvu amwakira iwe nk’umushyitsi w’imena. Amashusho n’amafoto byagiye hanze muri kiriya gihe, byagaragaje umubano udasanzwe aba bombi bafitanye.

Ubwo yari muri Kenya, ni na bwo Bahati yifashishije ikipe ye bakorana bafata amashusho agaragara mu ruhererekane rw’inkuru mbarankuru ku muryango we yise ‘The Bahati’s Empire’ agaragaramo Bruce Melodie aho baganira ku ngingo zinyuranye.

Muri Kamena 2023, Bahati yasohoye indirimbo ‘Diana’ yatuye umugore we Diana Marua yakoranye na Bruce Melodie.

Bahati ni umuririmbyi w’umunya-Kenya wavukiye muri karitsiye y’abakene ya Mathare mu Mujyi wa Nairobi. Yabuze umubyeyi we (Nyina) ubwo yari afite imyaka itandatu y’amavuko.

Bahati aherutse kubwira BBC Africa ko Se yahise amuta we n’abavandimwe be, batangira ubuzima bwo kwishakira icyo kurya. Ati “Byari bigoye cyane.”

Izina rye rizwi cyane muri Kenya binyuze mu ndirimbo zihimbaza Imana. Ndetse, yanatsindiye igihembo cy’umuhanzi wa Gospel mu bihembo Afrima Awards.

Aherutse kuvuga ko ashaka gukora cyane, izina rye rikavugwa cyane muri Afurika, kandi agafasha urubyiruko rutishoboye.

Bahati uzwi mu ndirimbo nka ‘Mama' asanzwe afite umugore witwa Diana B nawe usanzwe ari umuririmbyi. Uretse abana be bwite, anafite undi mwana arerera yakuye mu kigo nawe yakuriyemo.

Ati “Kuba tubanye imyaka umunani (n'umugore we) binyibutsa aho navuye ariko cyane cyane bigatuma ndushaho gukomeza guca bugufi.”


Bahati yagarutse i Kigali muri gahunda za ‘Business’ no gutemberera mu Mujyi wa Kigali


Bahati asanzwe afitanye ubushuti bwihariye na Bruce Melodie, ndetse yamwifashije mu biganiro byo kuri Netflix


Bahati azajyana na Bruce Melodie mu bitaramo bya MTN Iwacu Muzika Festival bizasorezwa mu Karere ka Rubavu 


Bahati yageze i Kigali mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 17 Ukwakira 2024



KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y’INDIRIMBO ‘DIANA’ YA BAHATI NA BRUCE MELODIE

">






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND